Polisi y’Igihugu yerekanye abagabo umunani bakekwaho kwiba sitasiyo za lisansi zigera kuri 14 mu bice bitandukanye by’igihugu, bagatwara amafaranga n’ibindi bikoresho bitandukanye by’abakozi.<br /><br />Aba bakekwaho ubu bujura uko ari umunani bakomoka mu Ntara y’Iburasirazuba, barindwi muri bo bakaba abo mu Karere ka Rubavu naho undi umwe ni uwo mu Karere ka Rutsiro.<br /><br />Polisi ivuga ko ako gatsiko kateye sitasiyo za lisansi zitandukanye mu gihugu, kandi bakaba baritwazaga ibikoresho birimo amabuye, inkoni n’imihoro.<br /><br />Sitasiyo aba bagabo bakwekwaho kwiba harimo iya Rubavu, Musanze, Kamonyi, Nyamata, Muhanga, ndetse bafashwe ubwo bageragezaga kwiba sitasiyo ya Muhanga.<br /><br />Subscribe: https://www.youtube.com/IgiheTV?sub_confirmation=1<br />Facebook: https://web.facebook.com/igihe<br />DailyMotion: https://www.dailymotion.com/igihetelevision<br />Twitter: https://twitter.com/IGIHE<br />Instagram: https://www.instagram.com/igiheofficial<br />Flickr: https://www.flickr.com/photos/igihepictures/<br />Website: http://igihe.com/<br /><br />#IGIHE #Rwanda
